1752049187900

Clarisse Karasira yibarutse

Umuhanzikazi w’Umunyarwandakazi Clarisse Karasira n’umugabo we Ifashabayo Sylvain Dejoie bari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka umuhungu wabo wa kabiri, bise Kwema Light FitzGerald.

Iyi nkuru nziza Karasira yayitangaje ku mugaragaro kuri Instagram ku wa 9 Nyakanga 2025, aho yanditse ati: “Twibarutse Kwema, ubuheta bw’umuhungu uduhesha ubwema. […] Iyi ni ifoto yacu ya mbere nk’umuryango wa bane. Imana ni iyo kwizerwa mu buryo buhebuje.”

Ku wa 27 Kamena 2025, Clarisse yari yatangaje ko atwite inda ya kabiri, abinyujije mu mashusho yari kumwe n’umugabo we n’imfura yabo bise Kwanda Krasney Jireh, wavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bitaro bya Northern Light Mercy Hospital tariki ya 13 Kamena 2022.

Clarisse Karasira na Ifashabayo Sylvain bakoze ubukwe ku wa 1 Gicurasi 2021, mu muhango wabereye Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama, nyuma y’imyaka bahuriye mu gitaramo cyo kwibuka Kamaliza mu 2017, ari naho urukundo rwabo rwakomotse.

Uyu muryango umaze kugira abana babiri, wagaragaje ibyishimo no gushimira Imana ku buryo butangaje, nk’uko Karasira yakunze kubigaragaza mu butumwa bwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *