Mu gihe Covid-19 ikomeje guhitana umubare munini w’abatuye isi cyane cyane abageze mu za bukuru, umukecuru w’imyaka 97 wo mu gihugu cya Koreya y’Epfo yabaye undi mu bantu bake bakize iyi ndwara bari mu bakuze cyane ku isi.
Mu ntangiriro z’uku kwezi, Ibiro ntaramakuru by’Ubushinwa (Xinua) byari byatangaje ko umusaza w’imyaka 100 yakize Coronavirus, uyu akaba ariwe muntu ushaje ku isi wari ubashije kuyirokoka. Ubu hiyongereyeho n’umukecuru wo muri Koreya y’Epfo utatangajwe amazina akaba yayikize afite imyaka 97 nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru bya Koreya, Yonhap.
Urubuga Worldometer rugaragaza ko iki cyorezo kimaze kwandura abasaga ibihumbi 474,968 mu gihe abayikize barenga ibihumbi 114,787 ikaba imaze guhitana abasaga ibihumbi 21,353.
Mu Rwanda Minisiteri y’ubuzima itangaza ko imaze kubona abantu 41 barwaye kuva ku itariki 14 Werurwe 2020 ubwo umuntu wa mbere yasangwagamo iyi ndwara ku butaka bw’u Rwanda, akaba Umuhinde wari waraturutse i Mumbai.
Igikomeje kuba inkuru nziza ni uko MINISANTE itangaza ko aba barwayi bose uko ari 41 bamerewe neza nta n’umwe urembye aho bari kwitabwaho n’inzego z’ubuzima hakaba haranashakishijwe abahuye nabo ngo basuzumwe kandi bagashyirwa mu kato.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, OMS ritangaza ko Covid-19 imaze kugera ku bantu 2600 baturuka mu bihugu 46, uyu mugabane ukaba usigaranye ibihugu 8 byonyine itari yagaragaramo aribyo, u Burundi, Botswana, Ibirwa bya Comores, Lesotho, Malawi, Sudani y’Epfo, Sierra Leone na Sao Tome et Principe.


