Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Boris Johnson yandikiye urwandiko Abongereza aha kopi yarwo buri rugo ababurira ku cyorezo cya Coronavirus aho yabasabye gukomeza kwitwararika kuko ngo ibintu bizarushaho kuba bibi muri iki gihugu mu gihe cy’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu biri imbere.
Minisitiri Boris kuri ubu wishyize mu kato nyuma yo gusuzumwa bagasanga yaranduye iki cyorezo yakomeje gusaba Abaturage kuguma mu rugo birinda ingendo zidafite impamvu nyuma y’uko abamaze guhitanwa nacyo mu Bwongereza bamaze kuba 1019 harimo na 260 bapfuye kuri uyu wa Gatandatu muri 17089 bamaze kwandura.
Muri izi baruwa zitanga ihumure zahawe imiryango isaga miliyoni 30 y’Abongereza zifite agaciro ka miliyoni 5.8 z’Amayero buri rumwe rwanditseho ko Guverinoma itazigera iruhuka gufata ingamba zo kurwanya iki cyorezo kandi ko inzego z’ubuzima ziri gukora ibishoboka byose ngo abanduye babashe gukira.
Inzego z’ubuzima mu Bwongereza zitangaza ko umubare w’abahitanwa na Covid-19 uzakomeza kwiyongera ariko mugihe ingamba zafashwe na Leta zirimo kuguma mu ngo no guhana intera hagati y’umuntu n’ndi zaba zikomeje gushyirwa mu bikorwanyuma y’ibyumweru bibiri cyangwa bitatu ibintu bizaba byasubiye mu buryo imirimo yari yarahagaze igakomeza nk’uko bisanzwe.
Urubuga Worldometer rugaragaza ko Coronavirus imaze kwandura abantu 664,941 ku isi yose naho 30,894 bamaze guhitanwa nayo mugihe abamaze kuyikira ari 142,449.
Mu Rwanda abamaze kwandura ni abantu 60gusa nta n’umwe yari yahitana ahubwo abarwayi bose bamerewe neza ndetse Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu cyumweru gitaha hari abatakigaragaza ibimenyetso bazasezererwa bagataha.


