KAINA

FNLC ya Col. Kaina yarakajwe cyane n’igitero ADF yiciyemo abarenga 50 

Umutwe wa FNLC uyobowe na Colonel Innocent Kiana wahoze mu basirikare bakuru b’umutwe wa M23, wamaganye wivuye inyuma ubwicanyi imitwe ya ADF na CODECO ikomeje gukorera abanye-Congo bo mu ntara ya Ituri.

Uyu mutwe wagaragaje ubu burakari nyuma y’igitero ADF iheruka kwiciramo abantu babarirwa muri 50 bo mujyi wa Bunia, muri Teritwari ya Irumu.

Ni igitero uyu mutwe urwanya ubutegetsi bwa Uganda wagabye mu rucyerera rw’ejo ku Cyumweru tariki ya 27 Nyakanga, wicira muri Kiliziya abantu barimo abagore n’abana.

FNLC mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga, yagaragaje ko abishwe biganjemo abanye-Congo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Aabahema.

Uyu mutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi wagaragaje ko bariya baturage bishwe ingabo za kiriya gihugu zirebera.

FNLC yashimangiye ko nyuma ya buriya bwicanyi igomba kujya gutabara abasigaye vuba bishoboka.

Iti: “FNLC yavukiye kurinda abaturage. Ntishobora kwemera kubona abaturage bacu bakomeza gupfa muri ubu buryo. Tugomba kujya gutabara abasigaye vuba bishoboka.”

Uyu mutwe kandi wagaragarije Umuryango w’Abibumbye n’amashami yawo atandukanye, abayobozi b’akarere, abafatanyabikorwa mpuzamahanga n’itangazamakuru ko ihonyora ry’uburenganzira bwa muntu rikorerwa muri RDC rigirwamo uruhare na Guverinoma y’iki gihugu idaha agaciro kurinda abaturage bayo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *