20250804_101110

Indagu za Bacca ku ikipe abona izatwara ‘Super Cup’ hagati ya Rayon Sports na APR FC

Kwitonda Alain ‘Bacca’ wahoze akinira APR FC, yatangaje ko abona iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ari yo izegukana igikombe cya Super Cup 2025 izahatanamo na Rayon Sports.

Uyu musore yabitangaje nyuma y’umukino wa gicuti Police FC asigaye akinira yatsinzemo APR FC ibitego 2-1, mu mukino wa gicuti wabaye ejo ku Cyumweru.

Bacca ubwo yabazwaga n’abanyamakuru ikipe abona izatwara Igikombe kiruta ibindi, yagize ati: “Ni umukino buri kipe iba yifuza gutsinda, ariko uko nabonye APR FC, ifite utuntu duke igomba gukosora, ariko nta kabuza APR FC izatsinda. Super Cup APR FC izayitwara, izatsinda Rayon Sports cyane rwose.”

Mbere ya Super Cup iteganyijwe muri Nzeri, APR FC na Rayon Sports zifite imikino ya gicuti mpuzamahanga izaba muri uku kwezi, aho APR FC izakina na Power Dynamos yatwaye Shampiyona ya Zambia tariki 17 Kanama 2025, na AZAM FC yo muri Tanzania tariki 20 Kanama 2025.

Rayon Sports yo izakina na Yanga Africans yatwaye Shampiyona ya Tanzania tariki 15 Kanama 2025, AZAM FC na yo yo muri Tanzania tariki 23 Kanama 2025 na Vipers FC yatwaye Shampiyona ya Uganda tariki 30 Kanama 2025.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *