20250808_172931

M23 yigaruriye uduce dushya muri Kivu y’Amajyepfo 

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Kanama, wigaruriye uduce dushya two mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo wirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Sosiyete sivile yo muri Teritwari ya Walungu yemeje ko M23 yigaruriye Groupement ya Mulamba, muri iriya Teritwari.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu iriya Groupement yaramukiyemo imirwano yasakiranyije M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa zirimo iza FARDC, Wazalendo, FDLR n’Ingabo z’Abarundi.

Imirwano yumvikanye mu duce twa Mulamba, Muzinzi, Bwahungu, Kaniola, Mubone na Cihambe; ahumvikanye urusaku rw’imbunda zirimo n’iziremereye.

Mulamba Ingabo za Gen. Sultani Makenga zigaruriye, ni agace gatandukanya Teritwari ya Walungu n’iya Shabunda zombi zo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Kuyigarurira biha amahirwe M23 yo kwagurira uduce igenzura muri Shabunda, imwe muri Teritwari zikungahaye ku mabuye y’agaciro.

Amakuru kandi avuga ko M23 yanigaruriye agace ka Kaniola gahuza Teritwari za Walungu na Kabare.

M23 yigaruriye turiya duce mu gihe kuri uyu wa Gatanu yagombaga guhurira i Doha na Leta ya RDC, mu biganiro bitaziguye biganisha ku guhagarika intambara.

Uyu mutwe ku wa Kane watangaje ko wanze kohereza intumwa zayo muri Qatar kuko utigeze uhabwa ubutumire bwo kwitabira ibiganiro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *