Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), yahaye Rayon Sports iminsi 45 nka nyirantarengwa yo kuba yamaze kwishyura $ 22,500 (Frw 32,500,000) ibereyemo umunya-Brésil Robertinho wahoze ari umutoza wayo.
Muri Gicurasi uyu mwaka ni bwo umutoza Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ’Robertinho’ yari yareze Rayon Sports muri FERWAFA asaba ko yamwishyura umushahara w’amezi ane ungana na $ 20,000 yishyuzaga iyi kipe.
Nyuma yo kunanirwa kumwishyura mu byumweru bitatu yari yahaye iriya kipe, byabaye ngombwa ko yitabaza FIFA.
Iyi mpuzamashyirahamwe ya ruhago ku Isi mu mwanzuro ku kirego cya Robertinho yafashe ku wa 11 Kanama, yategetse Rayon Sports kuba yamwishyuye $ 22,500 n’inyungu ishobora kuyiyongeraho mu gihe kitarenze iminsi 45; ibisobanura ko iyi kipe isigaje iminsi 33 yo kuba yamwishyuye.
FIFA yamenyesheje Rayon Sports ko nitishyura uriya mutoza izahura n’izindi ngaruka, zirimo kutemererwa kwandikisha abakinnyi bashya baba Abanyarwanda n’abanyamahanga, kugeza igihe izishyurira ariya mafaranga.
Ni igihano kandi gishobora kwikuba gatatu; ibivuze ko Rayon Sports ishobora guhanishwa kumara imyaka itatu itagura abakinnyi bashya.
Mu mpeshyi y’umwaka ushize ni bwo Robertinho yari yagarutse muri Rayon Sports yigeze gutoza hagati ya 2018 na 2019, mbere y’uko iyi kipe imwirukana muri Mata uyu mwaka.


