AFP__20250519__479G4JY__v1__HighRes__TanzaniaPoliticsTrial-1747653119

Tanzania: Urukiko rwabujije gukurikirana imbonankubone urubanza rwa Tindu Lissu

Kuri uyu wa Mbere, urukiko rwo muri Tanzaniya rwabujije ibinyamakuru gutangaza imbonankubone urubanza ku byaha by’ubuhemu biregwa umuyobozi mukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, Tundu Lissu, wanenze iki cyemezo.

Umucamanza Franco Kiswaga, yavuze ko iryo tegeko rizafasha mu kurinda abatangabuhamya b’ubushinjacyaha, bitewe n’icyifuzo cy’umushinjacyaha wa Leta wavuze ko ari ngombwa guhisha umwirondoro wabo.

Kiswaga yagize ati: “Birabujijwe gutambutsa imbonankubone kuri televiziyo, ku mbuga nkoranyambaga, no mu bundi buryo ubwo ari bwo bwose bwo gukwirakwiza amashusho ku mbuga za interineti.”

Umunyapolitiki Lissu yamaze kwamagana icyo cyemezo avuga ko cyemerera urukiko gukorera mu “mwijima” no kubuza abamushyigikiye gukurikirana uru rubanza.
Abayobozi bo mu ishyaka rye, CHADEMA, nabo banenze icyemezo cy’urukiko nk’uko iyi nkuru dukesha, Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ivuga.
Mu cyumweru gishize, Lissu uri kwiburanira nyuma yo kwirukana abamwunganira yagize ati: “Ubutabera bugomba gutangwa kandi bukagaragara butangwa.”
Lissu ni umuyobozi w’ishyaka rikomeye ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzaniya kandi akaba afunzwe kuva mu ntangiriro za Mata nyuma yo gushinjwa icyaha cy’ubuhemu no gutangaza amakuru y’ibinyoma. We ahakana ibyo aregwa.
Lissu warashwe inshuro 16 mu gikorwa cyo gushaka kumwica mu 2017, yaje ku mwanya wa kabiri mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu 2020 ariko ishyaka rye ntiryemerewe kwitabira amatora y’umukuru w’igihugu ndetse n’abadepite muri uyu mwaka.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *