Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Burera yafashe umugabo w’imyaka 36 ukomoka muri ako karere, nyuma yo gushyira kuri YouTube amashusho arimo amakuru y’ibinyoma yavugaga ko mu Karere ka Musanze haturikiye igisasu mu rusengero, abantu bamwe bakahasiga ubuzima abandi bagakomereka.
Uwo mugabo yafatiwe mu Murenge wa Butaro, Akagari ka Mubuga, ku wa Gatatu tariki ya 3 Nzeri 2025.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi, yatangaje ko uyu mugabo yatawe muri yombi kubera gukwirakwiza ibihuha byateye abaturage impungenge.
Yagize ati: “Ni byo koko yafashwe ku wa Gatatu, ahita ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo akurikiranweho gukwiza ibinyoma bitera ubwoba mu baturage. Turakangurira abantu bose batanga amakuru cyangwa ibitekerezo kubikora mu buryo bubaka, aho kubikwiza mu buryo busenya igihugu kandi butera abaturage panique.”
Yakomeje avuga ko gukoresha uburyo ubwo ari bwo bwose mu gusenya no gukwiza ibihuha bidashobora kwihanganirwa, kuko ababikora bafatwa bakagezwa imbere y’inzego zibishinzwe kugira ngo bakorweho iperereza.
Kuri ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Butaro mu gihe iperereza rigikomeje.


