Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryanze kohereza abakinnyi muri Shampiyona y’Isi y’amagare iteganyijwe kubera mu Rwanda.
Ku Cyumweru tariki ya 21 Nzeri ni bwo iri rushanwa rigiye kubera bwa mbere ku mugabane wa Afurika rizatangira, mbere yo gusozwa ku wa 28 Nzeri 2025.
Mu gihe habura iminsi itageze kuri ibiri ngo iriya shampiyona izwi nka UCI Road World Championships itangire, RDC yatangaje ko itazohereza abakinnyi bayo mu Rwanda.
Ni icyemezo cyatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare muri Congo Kinshasa, Jean-Claude Congolo wavuze ko gishingiye kuba kiriya gihugu ngo cyaratewe n’u Rwanda.
Yagize ati: “RDC yatewe n’u Rwanda, igihugu kizakira iryo rushanwa. Urutirigongo rw’ikipe y’igihugu yacu y’abagore ruherereye i Goma hafashwe [na M23]. Iyi ni yo mpamvu yo kutitabira kwa RDC.”
Iki cyemezo kandi cyahawe umugisha na Minisitiri wa Siporo muri RDC, Didier Budimbu washimangiye ko nta munyonzi w’umunye-Congo ugomba kujya i Kigali.
Ni icyemezo icyakora abakinnyi b’abanye-Congo bavuganye na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) bagaragaje ko cyabababaje, kuko bari bizeye kuzitabira iriya shampiyona.


