Kompanyi ya YouTube, iyoborwa na Alphabet Inc., yemeye kwishyura amafaranga agera kuri miliyari 31 y’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo irangize urubanza yarezwemo na Perezida Donald Trump, nyuma yo guhagarikwa ku muyoboro we mu mwaka wa 2021 ubwo habaga imyigaragambyo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Uyu mwanzuro ushyira Google mu rwego rumwe na Twitter (ubu yitwa X) na Facebook (Meta), nazo zasubije konti za Trump mu ntangiriro z’uyu mwaka. Zose zarezwe mu mwaka wa 2021, Trump avuga ko zigeze kure mu gucecekesha amajwi y’abanyapolitiki b’uruhande rutayoboye igihugu.
YouTube yatangaje ko nubwo yemeye kwishyura ayo mafaranga, itigeze yemera kuba yarakoze amakosa, kandi nta mpinduka ziteganyijwe mu mategeko cyangwa politiki yayo. Trump ntiyigeze avanwaho burundu kuri YouTube mu 2021, ahubwo yari yarahagaritswe gusa gushyiraho amashusho mashya, konti ye ikongera gufungurwa mu mwaka wa 2023.
Mbere y’uyu mwanzuro, Meta yari yemeye kwishyura hafi miliyari 32 Frw, naho X yemera hafi miliyari 13 Frw. Ayo mafaranga menshi yashyizwe mu mishinga ifitanye isano na Trump, urimo no kubaka isomero ry’umukuru w’igihugu i Miami, Florida.
Ibi bitumye hasozwa imanza zose Trump yari yarareze ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga, mu gihe yitegura kuyobora indi manda y’imyaka ine kugeza mu mwaka wa 2029.


