Guverinoma ya Ethiopia yashinje Eritrea guhuza imbaraga n’umutwe wa Tigray People’s Liberation Front (TPLF) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Dr. Abiy Ahmed, mu rwego rwo gushoza intambara kuri kiriya gihugu.
Ethiopia yabitangaje biciye mu ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Gedion Timothewos yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres.
Muri iyo baruwa yanditswe ku wa Kabiri tariki ya 7 Ukwakira, Ethiopia yamenyesheje Loni ko “ukwihuza kwa Guverinoma ya Eritrea na TPLF kwaragaragaye cyane mu mezi make ashize”, mbere yo gushimangira ko “ihuriro rya TPLF na Guverinoma ya Eritrea riri gutegura gushoza intambara kuri Ethiopia.”
Addis-Abeba kandi yashinje Asmara na TPLF kuba bakomeje “gutera inkunga, gukora ubukangurambaga no guha amabwiriza” imitwe yitwaje intwaro ikorera mu ntara ya Amhara imaze imyaka myinshi igaba ibitero ku ngabo za Leta.
Ni imitwe irimo uwa Fano Ethiopia ivuga ko Leta ya Eritrea n’umutwe wa TPLF bari guha inkunga, mu rwego rwo kwagura uduce ikoreramo ibikorwa byawo.
Kugeza ubu ziriya mpande zombi ntacyo ziratangazwa ku bivugwa n’ubutegetsi bw’i Addis-Abeba.
Ethiopia icyakora yashyize biriya birego kuri Eritrea, mu gihe kuva mu 1993 ubwo uriya muturanyi wayo yabonaga ubwigenge ayiyomoyeho ku mupaka w’ibihugu byombi hakunze kurangwa amakimbirane akomeye yahitanye ubuzima bw’ababarirwa mu bihumbi.
Umubano w’ibihugu icyakora wabaye nk’uzanzamuka muri 2018 ubwo Dr. Abiy Ahmed yabaga Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia agasinyana amasezerano y’amahoro na Perezida Isaias Afwerki uyobora Eritrea kuva yabona ubwigenge.
Aya masezerano ni na yo yatumye muri 2019 Dr. Abiy ahabwa igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, ndetse ni na yo yatumye hagati ya 2020 na 2022 Ingabo za Eritrea zifasha iza Ethiopia mu ntambara y’amaraso zari zihanganyemo na TPLF.
Iyi ntambara Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe uvuga ko yiciwemo ababarirwa mu 600,000 ikirangira, umubano wa Addis na Asmara wongeye kuzamba, bijyanye no kuba Eritrea yahise itangira gushinja Ethiopia gushaka kwigarurira icyambu cya Assab giherereye ku nyanja itukura.
Ni Ethiopia ku ruhande rwayo yakunze kugaragaza ko yifuza kwisubiza uduce dukora ku nyanja yatakaje ubwo Eritrea yabonaga ubwigenge.
Minisitiri Timothewos icyakora mu ibaruwa yandikiye Guterres yagaragaje ko igihugu cye cyifuza “kuganirana umutima mwiza na Guverinoma ya Eritrea”, gusa yo ikaba ishaka gutegura imigambi mibisha kuri Ethiopia igaragaza ko itewe ubwoba no kuba kiriya gihugu gishaka kugera ku nyanja.


