Lesotho: Minisitiri w’Intebe ushinjwa kwica umugore we yeguye ku mirimo ye

Minisitiri w’intebe wa Lesotho, Thomas Thabane ushinjwa kwica uwari umugore we, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye nyuma y’igihe yari amaze ku gitutu cy’abamusabaga kwegura.

Mu ijambo yagejeje ku baturage ba Lesotho ryatambutse kuri Televiziyo y’igihugu, yavuze ko igihe cye cyo gusezera burundu muri Politiki kigeze, nyuma y’imyaka myinshi yari amaze ari umuyobozi muri kiriya gihugu.

Yagize ati”Igihe cyo gusezera mu ikinamico nini y’ibikorwa (bya Politiki), gufata ikiruhuko mu buzima rusange no mu biro cyageze. ”

Minisitiri Thabane yakoze mu nzego z’ubuyobozi zitandukanye, kuva igihugu cya Lesotho cyahabwa ubwigenge mu 1966.

Biteganyijwe ko Minisitiri w’intebe mushy wa Lesotho azamenyekana ku wa gatanu w’iki cyumweru.

Inkubiri yo kweguza Thabane yatangiye mu mezi make ashize, ubwo inteko ishinga amategeko ya Lesotho yamushyiragaho igitutu imusaba kwegura na we akayihemba kuyisesa.

Gusesa inteko byakurikiwe no gusuka abasirikare ku mihanda yo mu murwa mukuru Maseru ngo bagarure amahoro mu gihugu, nyuma y’uko hari abo ashinje kubangamira Demokarasi nyamara bafite mu nshingano zabo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amategeko.

Abasabaga Thabane kwegura bamushinja kwica Thabane Lipolelo wahoze ari umugore we, wishwe bikababaza cyane abenshi mu batuye Lesotho.

Lipolelo yarashwe ku wa 14 Kamena 2017, nyuma yo kugirana ibibazo n’umugabo we bishingiye ku kutumvikana ku bijyanye n’ubutane bwabo. Nyuma y’amezi abiri Thabane yahise arongora undi mugore witwa Maesaiah bari kumwe ubu.

Uyu mugore na we yahamijwe n’urukiko kugira uruhare mu iyicwa rya mukeba we, gusa aza kurekurwa muri Gashyantare uyu mwaka atanze ingwate.

Magingo aya ntibiramenyekana niba Thabane azakomeza gukurikiranwa n’inkiko ku ruhare yagize mu iyicwa ry’uwari umugore we, cyangwa niba yegujwe mu cyubahiro nk’uko byari byatangajwe mu minsi yashize.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *