Amerika yakumiriye ku butaka bwayo abanyamahanga baturutse muri Brésil

Leta zunze ubumwe za Amerika zakumiriye ku butaka bwazo abanyamahanga bose baturutse muri Brésil bamaze iminsi 14 bahaba.

Ni nyuma y’uko bigaragaye ko umubare w’abanduye Coronavirs muri Brésil ukomeje gutumbagira, aho ababarirwa mu 320,000 ari bo banduye kiriya cyorezo, na ho abarenga 22,000 kikaba cyarabishe. Ibi bishyira Brésil ku mwanya wa kabiri ku Isi mu bihugu bifite umubare munini w’abanduye Coronavirs, inyuma ya Leta zunze ubumwe za Amerika.

Kuva mu byumweru bishize umubare w’abanduye iki cyorezo n’abakomeje kwicwa na cyo ukomeje kwiyongera muri Brésil, ku buryo amahanga yatangiye kugihangayikira n’ubwo Jair Bolsonaro uyiyobora bisa n’aho ntacyo bimubwiye.

Perezida Bolsonaro yumvikana ahakana ko icyorezo cya Covid-19 kibaho, yemwe mu minsi ishize yagiye agaragara yifatanya n’abaturage kwamagana gahunda ya guma mu rugo.

Itangazo ryasohowe n’umunyamabanga ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi ya Leta zunze ubumwe za Amerika, Kayleigh McEnany, rivuga ko Amerika yafashe kiriya cyemezo mu rwego rwo kwirinda ko hari ubwandu bushya bwahinjira buturutse muri Brésil.

Iryo tangazo rivuga ko abatarebwa na kiriya cyemezo ari abaturage ba Amerika, abo bashakanye, ababarera byemewe n’amategeko, ababyeyi babo ndetse n’abavandimwe babo batarengeje imyaka 21 y’amavuko.

Ni icyemezo kizatangira gushyirwa mu bikorwa saa tanu na 59 z’itariki ya 28 Gicurasi.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru Perezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe za Amerika, yari yatangaje ko ari kureba uko yakumira ingendo ziva n’izijya muri Brésil.

Ni ibyashimangiwe n’umujyanama we mu by’umutekano, Robert O’Brien, wahamirije CBS ko mu gihe cya vuba baza gukumira ingendo zo muri Brésil ubwo yaganiraga na kiriya gitangazamakuru ejo ku cyumweru.

Magingo aya Leta zunze ubumwe za Amerika ziza imbere ku Isi mu kugira ubwandu bwinshi bwa Covid-19, aho abamaze kuyandura muri kiriya gihigu babarirwa muri miliyoni imwe n’ibihumbi 600, abarenga 100,000 bakaba barishwe na yo.

Abavuye muri Brésil biyongereye ku bandi Amerika yakumiriye ku butaka bwayo mu minsi yashize, barimo abaturutse mu Bushinwa, Iran, mu muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ubwongereza na Ireland.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *