Eric Rutanga wari Kapiteni wa Rayon Sports yerekeje muri Police FC

Eric Rutanga wari Kapiteni w’ikipe ya Rayon Sports, yamaze gutandukana na yo yerekeza muri Police FC aba umukinnyi wa gatanu utandukanye n’iyi kipe.

Rutanga ukina inyuma ku ruhande rw’ibumoso, yari umukinnyi wa Rayon Sports kuva muri 2016, nyuma yo kuyigeramo avuye muri mukeba wayo, APR FC.

Police FC yamusinyishije imyaka ibiri, imutwaye ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania na yo yamwifuzaga. Amakuru avuga ko uyu musore wari usigaje umwaka w’amasezerano muri Rayon Sports yahawe na Police FC 15,000,000Rwf ya recruitment, inamwemerera umushahara wa 800,000Rwf ku kwezi.

Eric Rutanga Ni umukinnyi wa gatanu utandukanye na Rayon Sports, nyuma ya Michael Sarpong wirukanwe n’iyi kipe, Irambona Eric werekeje muri Kiyovu Sports, umuzamu Kimenyi Yves na we wagiye muri Kiyovu na Iradukunda Eric Radu werekeje muri Police FC.

Iyi kipe kandi ishobora gutandukana n’abarimo Kakule Mugheni Fabrice, Iragire Saidi, na Rugwiro Herve.

Rayon Sports ikomeje gutakaza abakinnyi bayo b’inkingi za mwamba mu gihe ikomeje kuvugwamo ibibazo bishingiye ku makimbirane y’abayiyobora. Ni ibibazo byatumye bamwe mu bayobozi b’iyi kipe begura ku nshingano zabo, barimo Nkurunziza Jean Paul wari umuvugizi w’iyi kipe cyo kimwe na Abraham Kelly wari umaze amezi 5 atorewe kuba umunyamabanga mukuru w’iyi kipe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *