Umuyobozi wa Polisi mu mujyi wa Houston, Arturo Acevedo kuri uyu wa 1 Kamena 2020 yasabye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump gufunga umunwa mu gihe nta kintu cyubaka yabwira abaturage ayoboye.
Ni mu gihe imyigaragambyo ikomeza muri iki gihugu, abaturage barigabije imihanda mu mijyi irenga 50 nyuma y’urupfu rw’umwirabura, George Floyd, umupolisi yishe amushinze ivi ku gakanu.
Bamwe mu Banyamerika bari mu nzego zitandukanye barakajwe n’urupfu rwa George Floyd wapfuye asaba imbabazi, abwira abapolisi ko yumva umwuka uri kumushirana, ariko ntibamwemerere.
Imyigaragambyo yatumye Perezida Trump asaba inzego zishinzwe umutekano gusubiza inyuma abigaragambya, guhera mu mugi wa Minneapolis, gukomeza kugera imbere y’ingoro ye ‘White House’, byananirana akitabaza n’abasirikare.
Donald Trump yasabye ba Guverineri ba leta zitandukanye “kuganza abigaragambya”. Yagize ati: “Mugomba gufunga abantu, bakaba mu buroko nk’imyaka 10. Nimubikora, ntabwo muzongera kubona ibintu nk’ibi. Turi kubikora muri Washington, tugiye kandi gukora ibindi batigeze babona.”
Komanda Acevedo ari mu bababajwe n’iri jambo. Ubwo umunyamakuru wa CNN yamubazaga uko yakiriye iri jambo, Acevedo yagize ati: “Reka mbwire Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu izina ry’abahagarariye abapolisi. Niba nta cyubaka ufite, funga umunwa. Si igihe cyo kuganza ahubwo ni igihe cyo gutsinda imitima y’abantu ndetse n’ibitekerezo. Iyi si Hollywood (filime), ni ubuzima kandi buri mu kaga.”
Perezida Trump akomeje kunengwa n’abayobozi batandukanye barimo Andrew Cuomo uyoboye New York (we basanzwe baterana amagambo) ndetse na Christine Todd Whitman wabaye Guverineri wa Leta ya New Jersey.
Guverineri Christine yasubije Donald Trump ati: “Wibwira ba guverineri icyo bakora. Aho kugira ngo usabe ituze n’ubwiyunge, wibereye muri White House ucecetse. Ba Guverineri na ba Meya basobanukiwe igikenewe kugira ngo habeho impinduka mu nzego zose.”
Guverineri Cuomo yagize ati: “Perezida arahamagarira abasirikare b’Amerika kurwanya abaturage b’Amerika. Yifashishije abasirikare mu gusubiza inyuma abigaragambya mu mahoro kugira ngo yifotoreze ku rusengero. Ni ukuri, televiziyo zerekana Perezida. Biteye isoni.”
Kuva iyi myigaragambyo yatangira nyuma y’urupfu rwa George Floyd, hamaze gutabwa muri yombi Abanyamerika barenga 4000. Umupolisi wamwishe, Derek Chauvin yirukanwe ku kazi burundu ndetse aranafungwa. Bagenzi ba Chauvin uko ari batatu, nabo barirukanwe bazira ubufatanyacyaha gusa ntibarafungwa, ikaba iri mu mpamvu nyamukuru zituma abantu bakomeje kwigaragambya.


