Umudepite Robert Kyagukanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yamaganye gahunda ya Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda y’uko hakwifashishwa ikoranabuhanga mu bikorwa birebana n’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu ntangiriro z’umwaka utaha mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, avuga ko Perezida Museveni ari we uri inyuma yayo.
Kuri uyu wa mbere uyu munya Politiki ukuriye ihuriro rya ‘People Power’, yashimangiye ko agomba guhatana na Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu matora y’umukuru w’igihugu abikorera amamiliyoni y’Abanya-Uganda bakandamijwe.
Mu cyumweru Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Uganda yatangaje ko kubera ko icyorezo cya Covid-19 gikomeje gufata indi ntera kandi imyiteguro y’amatora yakabaye yaratangiye, hakenewe ubundi buryo bwatuma iyo myiteguro idahagarara, ihitamo uburyo bwa gukoresha ikoranabuhanga mu bikorwa byose birebana no kwiyamamaza.
Justice Simon Byamukama uyobora iyo Komisiyo yagize ati” Urebye icyorezo cya Covid-19 n’ingaruka z’ubuzima gishobora gutera ndetse n’ibiteganijwe mu gihe cy’amatora, imyiteguro n’imigendekere bizaba mu bundi buryo. Ibikorwa rusange byo kwiyamamaza ntibizemerwa, ariko ubukangurambaga buzakorwa ahanini binyuze mu bitangazamakuru.”
Mu itangazo Bobi Wine yasohoye kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Mutarama, yavuze ko nta mpamvu yo gukoresha buriya buryo buzwi nka ‘Scientific Election’ mu kwiyamamaza, ngo kuko butari amatora y’ukuri ateganywa n’Itegeko Nshinga.
Yagize ati”Nta bintu by’amatora y’ikoranabuhanga. Twe tuzakora amatora ya nyayo kubera ko amatora y’ikoranabuhanga atari amatora. Isesezerano ry’itegeko nshinga ryacu ni amatora anyuze mu bwisanzuro no mu mucyo. Amatora yisanzuye kandi anyuze mu mucyo bisobanuye ko buri wese ufite uburenganzira bwo gutora ashobora kugaragaza ibyifuzo bye ku bushake, bitagizwemo uruhare n’amafaranga cyangwa iterabwoba. Bisobanuye ko abakandida bose bahabwa amahirwe angana yo kugeza ubutumwa bwabo ku batora kugira ngo abatora bashobore guhitamo neza.”
Bobi Wine yahamije ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda aherutse kubonana n’abayobozi ba komisiyo ishinzwe amatora, maze akabaha amabwiriza yo gutegura icyo yise Amatora y’ikoranabuhanga, agashinja Museveni gukoresha Covid-19 nk’urwitwazo.
Ati: “Yakoresheje coronavirus nk’urwitwazo, abuza ibikorwa rusange byo kwiyamamaza n’ibindi bigize amatora tuzi. Nta Mugande ukwiye gushukwa ngo yizere ko Museveni abikora ku bw’umutekano w’Abagande. Ubu tuvugana, mu mijyi myinshi huzuye abantu bakora ibikorwa byabo bisanzwe nta nkomyi. Nta ntera hagati y’abantu, nta na kimwe. Niba hari umuntu ushidikanya, nagere Kikuubo cyangwa mu yindi mijyi. Ni yo mpamvu Museveni na Komisiyo y’Amatora batagomba gufata Abagande nk’ibicucu.”
Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda igaragaza ko muri iki gihugu habarurwa abantu 774 banduye icyorezo cya Covid-19, ibyo Leta y’iki gihugu ishingiraho ivuga ko amatora akwiye kuba hifashishijwe ikoranabuhanga.


