Perezida Kagame yagaragaje ko ibikoresho byo guhangana na Covid-19 bikiri imbogamizi ikomeye ku Rwanda

Perezida Paul Kagame mu ijambo yavugiye kuri uyu wa kabiri tariki 23 Kamena 2020, yagaragaje ko mu Rwanda ndetse no muri Afurika muri rusange hakiri imbogamizi z’ibikoresho bidahagije mu kwirinda icyorezo cya covid-19.

Ibi yabitangarije mu nama y’iminsi 4 ihuza abayobozi yitabiriye, iri kwiga ku bucuruzi buhuza Afurika na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu bihe bya nyuma y’icyorezo cya coronavirus.

Iyi nama yateguwe n’ihuriro Corporate Council on Africa (CCA) rikorera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, rikaba ryibanda ku guhuza abakora ibikorwa by’ubucuruzi ku mugabane w’Afurika.

Insanganyamatsiko y’iyi nama iragira iti”Guteza imbere ubucuruzi buhuza Amerika na Afurika mu rwego rwo kuzahura ubukungu nyuma ya Covid-19.”

Perezida Kagame yakomoje ku ngingo eshatu z’ingenzi zirimo uguhamagarira ibihugu gushyira hamwe mu kurandura burundu icyorezo cya covid-19, gushima inkunga ibihugu bikomeye bitera Afurika mu rwego rwo kuzahura ubukungu muri ibi bihe bikomeye ndetse anahamagarira abashoramari bo muri Amerika gukorana n’imishinga iri muri Afurika ibyara inyungu.

Iyi nama iziga ku zindi ngingo zirimo kurebera hamwe uruhare rw’imari mu guhangana na Covid-19 muri Afurika, guhanga udushya mu bukungu n’ubuzima mu rwego rwo guhangana na Covid-19, izamuka ry’ubukungu nyuma ya Covid-19 ndetse no gukomeza ubucuruzi mpuzakarere na mpuzabihugu nyuma y’icyorezo cya coronavirus.

Usibye Perezida Kagame, abandi bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Ghana, Nana Dankwa Akufo-Addo, uwa Kenya Uhuru Kenyatta na Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *