Kuva ihagarikwa ry’imirwano ryatangira gukurikizwa ku itariki ya 10 Ukwakira, Hamas yarekuye imibiri y’abantu 17 bari barafashwe bugwate, mu gihe 11 bari basigaye muri Gaza mbere y’itangwa ry’imibiri ryo ku Cyumweru.
Kuri iki Cyumweru, itariki 2 Ugushyingo, Israel yatangaje ko imibiri y’abantu batatu bari barafashwe bugwate yatanzwe ivanwe muri Gaza kandi ko izasuzumwa n’inzobere.
Nk’uko igisirikare cya Israel kibitangaza, ngo nyuma yo gusuzuma iyo mibiri bazahabwa imiryango yabo.
Hamas mu itangazo ryayo yavuze ko imibiri yabonetse ku Cyumweru mu nzira yo munsi y’ubutaka iri mu majyepfo ya Gaza.


