20251114_165029

Perezida Samia Suluhu yababariye urubyiruko rwashoboraga gukatirwa urwo gupfa

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yasabye inzego z’ubutabera gukuraho ibirego ku magana y’urubyiruko rwashinjwaga kugambanira igihugu, nyuma yo kugendera mu kigare bakitabira imyigaragambyo irimo imvururu iheruka kuba muri kiriya gihugu.

Samia yatangiye iyo dohora mu ijambo rya mbere yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasize atorewe kongera kuyobora Tanzania ku majwi arenga 97%.

Aya matora yabaye mu byumweru bibiri bishize yakurikiwe n’imyigaragambyo ikomeye y’abadashyigikiye ishyaka Chama Cha Mapinduzi riri ku butegetsi, aba bakaba barayamaganaga bavuga ko yabaye mu buryo budakurikije amategeko.

Ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu minsi mike ishize ryatangaje ko imyigaragambyo yakurikiye amatora yo muri Tanzania yiciwemo abarenga 800, gusa Leta y’iki gihugu ntiratangaza umubare nyawo w’abishwe.

Perezida Samia Suluhu yavuze ko nyuma y’ubwicanyi bivugwa ko bwakozwe, Leta yamaze gushyiraho Komisiyo igomba gukora iperereza ku byabaye.

Yavuze ko yashenguwe cyane n’ibyabaye, aboneraho kwihanganisha imiryango yabuze abayo.

Perezida wa Tanzania yavuze ko yamenye ko mu biganjemo urubyiruko bakurikiranweho icyaha cyo kugambanira igihugu harimo abakosheje bazira kugendera mu kigare, asaba inzego z’ubutabera kubakuriraho ibyaha.

Ati: “Ndabizi ko hari urubyiruko rwinshi rwatawe muri yombi kubera kugambanira igihugu. Ntabwo bari bazi uburemere bw’ibikorwa byabo, abandi bagendeye mu kigare. Nk’umubyeyi, ntegetse inzego z’ubutabera gukora iperereza ku byaha byakozwe n’urubyiruko rwacu. Ku bagendeye mu kigare bari batagambiriye gukora ibyaha, nsabye ko ibyo bakurikiranweho bikurwaho.”

Kuri ubu abanya-Tanzania barenga 340 biganjemo urubyiruko ni bo batawe muri yombi bazira kugira uruhare muri iriya myigaragambyo, mbere y’uko ababarirwa muri 302 baregwa icyaha cyo kugambanira igihugu gihanishwa igihano cy’urupfu muri kiriya gihugu.

Usibye urubyiruko, abatawe muri yombi banarimo abanyapolitiki, abacuruzi, abakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse n’ibindi byiciro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *