Perezida wa Misiri Mohamed Morsi yahiritswe ku butegetsi ku itariki nk’iyi mu 2013

Mohamed Morsi wavutse ku itariki ya 20 Kanama 1951, yari yarabaye Perezida wa Misiri kuva mu 2012, ubutegetsi bwe bwatembagajwe ku ngufu za gisikare ku munsi nk’uyu.

Umugabo wari uyoboye ingabo zahiritse ubutegetsi bwa Morsi, ni Abdel Fattah el-Sisi kugeza ubu ufite n’ipeti rya Marshal riruta ayandi mu girikare ndetse aracyanayobora iki gihugu.

Mohamed Morsi yavukiye mu gace ka Al-Sharqiyyah, yiga isomo rya “engineering” muri Kaminuza ya Cairo aho yaje kugira impamyabumenyi y’ikiciro cya gatatu cya kaminuza.

Morsi yari yaribanze ku isomo rya “engineering” kuko yaje no kujya muri Amerika akomeza kwiga aho yahakuye impamyabumenyi ya Ph.D mu 1982.

Kubera ubuhanga Morsi yari afite yaje guhabwa akazi mu kigo gishinzwe ibijyanye n’imikoreshereze y’ikirere “NASA” aho yari ahinzwe kwita muri moteri z’ibyogajuru n’imitaka yo mu ndege.

Uyu mugabo yasubiye mu Misiri mu 1985 akomeza kwigisha “engeneering” muri kaminuza ya Zagazing kugeza mu 2010.

Morsi yinjiye muri politike mu 2000, ubwo yabaye umwe mu banyamuryango ba Muslim Brotherhood, biza kurangira anatorewe kuyobora uyu muryango.

Morsi yakomeje gushyira imbaraga muri politike, biza kumuviramo no gufungwa amezi arindwi azira kuyobora imyigaragambyo yasaga nk’igumura abaturage, banasaba uwari Perezida Mubarak kuva ku butegetsi.

Mubarak nyuma yaje kwemerera Muslim Brotherhood kugira uruhare muri politike, uyu muryango uhita uhinduka ishyaka ryiswe “Freedom and Justice Party”.

Morsi yemejwe nk’umukandida ugomba guhagararira ishyaka ryabo mu matora ya 2012, birangira anayatsinze aho yari ahanganye n’uwari Minisitiri w’Intebe wa Mubarak, Ahmed Shafiq.

Mohamed Morsi yamaze umwaka umwe ku buyobozi kuko ku itariki ya 01 Nyakanga 2013, Abdel Fattah al-Sisi wari ugifite ipeti rya Jenerari mu gisirikare yatangiye gutegura umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Ku munsi nk’uyu wa 03 Nyakanga 2013, ubuyobozi bwa Morsi bwashyizwe kwiherezo aho yanahise afungwa. Tariki ya 17 Nyakanga 2019, Mohamed Morsi yapfuye azize indwara y’umutima yamufashe ubwo yari mu rukiko rwa Tora muri Caïro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *