20251127_161121

N’iyo biba njye nta nsengero nafungura: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yavuze ko kuri we nta rusengero na rumwe rwari gukomeza gufungura mu gihe hari ibibazo bikomeye igihugu n’isi bihanganye nabyo. Yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Village Urugwiro ku wa 27 Ugushyingo 2025.

Yasubizaga ikibazo cy’uko hari insengero zafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, ariko nyuma zikabikora ntizifungurwe. Perezida Kagame yavuze ko n’iyo biba ari we, nta narumwe yari gufungura, kuko abenshi mu bayobozi b’insengero batizera, ahubwo babeshya abantu no kubashuka.

Yagarutse ku buryo insengero zimwe zisaba ibintu byinshi kandi zidatanga umusanzu ufatika mu mibereho rusange y’igihugu. Ati: abantu bakwiye no gukora indi mirimo ibateza imbere, naho ushaka gusenga yasenga no kuri telefone.

Yavuze ko insengero nyinshi zafunzwe kugira ngo hadakomeza guhutazwa abantu, ndetse ko no mu zafunzwe hakwiyongeraho izindi kuko hari mo amakosa menshi. RGB yari yagaragaje ko mu nsengero zirenga ibihumbi 13 zasuzumwe mu gihugu hose, zirenga ibihumbi 8 zitari zujuje ibisabwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *