Umukinnyi wa Arsenal n’uw’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Bukayo Saka, yemeye kurushinga n’umukunzi we bamaze imyaka itanu bakundana, Tolami Benson.
Amakuru avuga ko Saka yamutereye ivi mu ijoro ryihariye ry’abakundana muri hoteli yo ku rwego rwo hejuru i London. Abatanze amakuru bavuga ko Saka yakoze uko ashoboye ngo uwo mwanya ube udasanzwe, kandi impeta yamuhaye ngo irasa n’iy’akataraboneka.
Saka na Tolami bombi bafite imyaka 24, bakaba baratangiye gukundana muri 2020. Urukundo rwabo bagiye barurinda cyane ngo rutavugwa cyane mu itangazamakuru, kugeza ubwo Tolami yagaragaye muri 2022 amushyigikira mu gikombe cy’Isi i Doha.
Yongeye kugaragara amushyigikira no mu Euro 2024, aho yari yambaye umwambaro wa nimero 87, nimero Saka yakoresheje bwa mbere akinjira mu ikipe ya mbere ya Arsenal.
Ubu Tolami akora mu bijyanye n’itumanaho n’itangazamakuru i London, nyuma yo kurangiza amasomo ye muri Birmingham University.



