Screenshot_20251216-105858_1_copy_1000x548

Uvira: Abaturage baramukiye mu myigaragambyo basaba ko Ingabo za AFC/M23 zitagenda

Abaturage bo mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Ukuboza baramukiye mu myigaragambyo basaba ko ingabo z’umutwe wa AFC/M23 zitava muri uwo mujyi.

Mu mashusho Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23 yashyize ku rubuga rwe rwa X, abaturage benshi bitabiriye imyigaragambyo.

Aba bari bitwaje ibyapa banaririmba indirimbo zikubiyemo ubutumwa busaba ko AFC/M23 bise “abacunguzi/abaje kubabohora” itava muri uriya mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo.

Abatuye muri Uvira baramukiye mu myigaragambyo, nyuma y’uko mu ijoro ryacyeye AFC/M23 yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kuvana ingabo zayo muri uriya mujyi yari imaze iminsi itanu yigaruriye, nyuma yo kubisabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

AFC/M23 mu itangazo ryasohowe n’umuhuzabikorwa wayo, Corneille Nangaa, yavuze ko kiriya cyemezo ari intambwe yo kubaka icyizere no gushyigikira ibiganiro by’amahoro.

Nangaa kandi yavuze ko icyemezo cyo kuva muri Uvira gishingiye ku ntambwe imaze guterwa mu biganiro bya Doha, cyane cyane isinywa ry’amahame shingiro ya Doha yo ku wa 15 Ugushyingo 2025.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *