Mu gihe muri iyi week end ishize Sudani yarengeje ikigereranyo cy’iminsi 1.000 y’intambara y’abenegihugu, Minisitiri w’intebe yatangaje ku Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ko guverinoma yasubiye ku mugaragaro mu murwa mukuru Khartoum.
Muri Mata 2023, ingabo za leta zari zarirukanwe n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Rapid Support Forces nk’uko bitangazwa na RFI.
Ingabo za leta iyobowe na Gen Burhan by’agateganyo kuva yahirika ubutegetsi muri 2019, zongeye kwigarurira umurwa mukuru nyuma y’imyaka ibiri y’intambara.


