394591699_843949977737866_7893158842070916439_n

Rutshuru: Imidugudu myinshi ya Bukombo yabaye isibaniro hagati ya AFC/M23 na wazalendo

 

Imirwano ikaze yabaye mu gitondo cyose cyo kuwa Mbere, itariki ya 12 Mutarama, hagati y’abarwanyi ba AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo zo mu mutwe wa CMC mu midugudu myinshi yo muri Gurupoma ya Bukombo muri Teritwari ya Rutshuru (Kivu y’Amajyaruguru). Nta mibare y’abiciwe muri iyi mirwano yatangajwe.

Amakuru aturuka muri ako gace agera kuri Radio Okapi, dukesha iyi nkuru, avuga ko imirwano yatangiriye i Bumbasha, ku birometero bike uvuye i Mweso, mbere yo gukwira Karambi na Chahemba.

Aya makuru avuga ko imirwano yatumye abaturage babarirwa mu magana bahungira mu midugudu baturanye ndetse no muri centre ya Mweso muri teritwari bahana imbibi ya Masisi. Aho, bahungiye mu nsengero n’amashuri.

Hashize amezi atari make, kariya gace gakikijwe na teritwari za Masisi, Walikale, na Rutshuru, gakomeje guhungabana cyane kubera guhangana kenshi kw’inyeshyamba za AFC / M23 n’imitwe itandukanye ya Wazalendo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *