20260113_134554

Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda yasezeweho nyuma yo kuvanwa ku mirimo na Trump

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Mutarama yasezeye kuri Eric Kneedler wasoje inshingano ze nka Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Eric W. Kneedler yari Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda kuva mu Ukwakira 2023.

Mu kwezi gushize ni bwo we n’abandi badipolomate hafi 30 bari bahagarariye Amerika mu bihugu bitandukanye nka ba Ambasaderi bahamagajwe n’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump, nyuma yo gutangira guhindura imiterere ya dipolomasi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu mahanga.

Ni muri gahunda ubu butegetsi bwise “America First”.

Kneedler na bagenzi be bari barahawe inshingano mu gihe cy’ubutegetsi bwa Joe Biden, gusa bari bararokotse isukura ryabaye mu mezi ya mbere ya manda ya kabiri ya Trump.

Afurika ni wo mugabane wagizweho ingaruka kurusha indi, aho ba ambasaderi b’ibihugu 15 ari bo bakuweho.

Barimo uwari uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Algérie, u Burundi, Caméroun, Cape-Vert, Misiri, Gabon, Côte d’Ivoire, Madagascar, Ibirwa bya Maurice, Niger, Nigeria, u Rwanda, Sénégal, Somalia na Uganda.

Kugeza ubu nyuma y’igenda rya Ambasaderi Eric Kneedler ntibiramenyekana niba Washington izagena undi Ambasaderi ugomba kuyihagararira i Kigali.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *