Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, abashinzwe umutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bataye muri yombi Aubin Minaku, Visi Perezida w’ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), ryahoze ari ishyaka riri ku butegetsi riyobowe na Joseph Kabila.

 

Iki gikorwa cyabereye mu rugo rwe bwite i Kinshasa, nk’uko amakuru yemejwe n’amasoko menshi agera mu itangazamakuru, arimo abegereye abanyapolitiki n’ababyiboneye avuga.

 

Impamvu nyayo y’ifatwa rye ntiratangazwa ku mugaragaro n’ubuyobozi, ariko bije mu gihe amakimbirane akomeje kwiyongera hagati ya leta n’abafitanye isano n’ubutegetsi bwahozeho nk’uko inkuru dukesha ACTUALITE.CD ivuga.

 

Aubin Minaku wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, akaba n’umuntu wa hafi wa Joseph Kabila, yajyanywe ahantu hatazwi nyuma ya saa sita z’ijoro.

 

Abashinzwe umutekano basabye ko amazina yabo atatangazwa, bagaragaje ko iki gikorwa cyabaye nta rugomo, nubwo inzu ya Minaku yari ikikijwe n’abagize umutwe w’ingabo zidasanzwe benshi.

 

Ishyaka PPRD ntacyo riratangaza kumugaragaro kuri iki gikorwa. Iri fatwa rije mu gihe hakomeje gukurikiranwa mu nkiko abahoze ari abambari ba Perezida Joseph Kabila.

 

Mu byumweru bike bishize, Emmanuel Ramazani Shadary, Umunyamabanga Uhoraho wa PPRD akaba n’umukandida watsinzwe amatora ya perezida mu 2018, na we yarafashwe n’ubu akomeje gufungirwa ahantu hatazwi.

 

Ibi bikomeje kuba kandi mu gihe hashize amezi atandatu Joseph Kabila ubwe akatiwe urwo gupfa n’urukiko rwa gisirikare.

 

Uwahoze ari umukuru w’igihugu ubu ubarizwa mu buhungiro, yaburanishijwe adahari ashinjwa ibyaha birimo gushyigikira inyeshyamba za AFC / M23, ndetse Kinshasa imufata nk’ “umuyobozi nyawe” w’izi nyeshyamba, nubwo abamushyigikiye bagaragaje ko ari urubanza rushingiye kuri politiki.