1769402606930

Yarongoye abagore 2 icyarimwe – Amafoto

Umugabo witwa Mampomo Jeannot Sylvain yakoze amateka adasanzwe, ashakana ku mugaragaro n’abagore be babiri mu muhango wabereye ku biro bya Douala I Council, igikorwa Umuyobozi w’Umujyi (Mayor) yavuze ko ari gake cyane abona ibintu nk’ibyo mu kazi ke.

Uyu muhango wabaye mu mpera z’icyumweru, witabirwa n’imiryango yombi, aho Mampomo Jeannot Sylvain yasezeranye n’abagore be Tchoumo Nzitsa Sonita na Mboule Ekango Gladys mu buryo bwemewe n’amategeko.

Nubwo gushakana abagore barenze umwe (polygyny) byemewe muri Cameroun hashingiwe ku mategeko gakondo n’Itegeko ry’Igihugu rigenga Umuryango (Family Code), uyu muhango wagaragaye nk’udasanzwe bitewe n’uko wabereye ku mugaragaro mu muhango wo kurahira.

Umuyobozi wayoboye isinywa ry’inyandiko z’ubukwe yavuze ko ari “igihe kidasanzwe” atari asanzwe ahura na cyo, nubwo gishingiye ku mategeko y’igihugu. Yongeyeho ko n’ubwo amategeko abyemera, ubukwe bw’abagore babiri icyarimwe mu muhango wo kurahira ari ibintu bikiri bike mu mujyi wa Douala.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *