Yemeye gufungwa aho gusubiza Miliyoni 272 zayoberejwe kuri konti ye

Muri Nigeria, umugabo witwa Ojo Eghosa Kingsley, umukiriya wa First Bank, yisanze mu kibazo gikomeye cy’amategeko nyuma y’uko iyi banki iyobereje kuri konti ye amafaranga angana miliyari 1.5

Aho kumenyesha banki cyangwa gusubiza ayo mafaranga, Kingsley bivugwa ko yayakoresheje ku nyungu ze bwite hagati ya Kamena na Ugushyingo 2025. Ibi byatumye Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha by’ubukungu (EFCC) rutangira iperereza ryimbitse kuri iyo dosiye.

Ku itariki ya 19 Mutarama 2026, Kingsley yatawe muri yombi mu mujyi wa Benin City, agezwa imbere y’Urukiko Rukuru rwa Leta ya Edo, aho yaregwaga ibyaha byo kwiba no gukora uburiganya, hashingiwe ku mategeko mpanabyaha ya Edo yo mu 2022.

Mu rukiko, Kingsley yemeye ibyaha aregwa nta mpaka abigiyemo. Umwunganizi we mu mategeko yasabye imbabazi, avuga ko umukiriya we yicuza kandi yiteguye gukorana n’inzego z’ubutabera.

Nyuma yo gusuzuma urubanza, urukiko rwamukatiye igifungo cy’umwaka umwe, cyangwa se agatanga ihazabu ya miliyoni 5, runamutegeka gusubiza First Bank asaga miliyoni 272.

Mbere y’uko urubanza rusomwa, EFCC yari imaze kugaruza miliyoni 802 kuri konti za Kingsley ndetse n’iza nyina na mushiki we, mu gihe First Bank yo yari yisubije andi mafaranga arenga miliyoni 300 binyuze mu kuyakura kuri konti uyu mugabo yari yarayashyizeho.

Mu magambo yatunguye benshi, Kingsley yabwiye urukiko ko yiteguye gufungwa aho gusubiza miliyoni 272 zasigaye, agaragaza ko yemera igihano aho kwishyura ayo mafaranga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *