Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umugabo w’imyaka 21 ukekwaho kuba ku itariki ya 22/01/2026 ahagana saa tatu z’ijoro yarishe umugore babanaga w’imyaka 20 ubwo bari mu rugo mu Mudugudu wa Kadurumba, Akagari ka Munazi, Umurenge wa Save, mu Karere ka Gisagara.
Mu ibazwa rye, ukekwa yavuze ko yamukubise ingumi mu gahanga akamukubita n’umwuko ahantu hatandukanye ku mubiri akamusigaho aragenda, abahuruye bagasanga yapfuye nk’uko inkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga.
Asobanura ko yabitewe n’umujinya w’uko yari amaze kumutuka ngo ni imbwa ubwo yari amubajije impamvu atatetse kandi yari yamusigiye amafaranga yo guhaha; abisabira imbabazi.
Icyaha cy’ubwicanyi akurikiranweho kiramutse kibahamye yahanishwa igihano k’igifungo cya burundu, nk’uko giteganywa n’ingingo ya 107 y’Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.