https___archive-images.prod.global.a201836.reutersmedia.net_2011_10_28_BTRE79R1GAY00

Umuhungu wa Gaddafi yishwe arashwe

Saif al-Islam Gaddafi, umuhungu wa Col Muammar Gaddafi wahoze ayobora Libya, biravugwa ko yishwe arashwe n’abantu bataramenyekana. Yari afite imyaka 53.

Amakuru yatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakuru muri Libya avuga ko urupfu rwe rwemejwe ku wa kabiri n’umuyobozi w’itsinda rye rya politiki. Umwunganizi mu mategeko wa Gaddafi yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko igitero cyagabwe n’itsinda ry’abantu bane iwe mu mujyi wa Zintan, nubwo hataramenyekana abihishe inyuma.

Mu yandi makuru atandukanye n’ayo, mushiki we yabwiye televiziyo yo muri Libya ko yapfiriye hafi y’umupaka uhuza Libya na Algeria.

Saif al-Islam Gaddafi yari umwe mu bantu bakomeye kandi bagiraga ijambo rikomeye mu gihugu nyuma ya se, wayoboye Libya kuva mu 1969 kugeza mu 2011, ubwo yahirikwaga ku butegetsi akaza no kwicwa mu myivumbagatanyo.

Yavutse mu 1972, aza kugira uruhare rukomeye mu kongera umubano wa Libya n’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’isi guhera mu mwaka wa 2000 kugeza ubwo ubutegetsi bwa se bwasenyukaga.

Nyuma yo guhirikwa kwa Muammar Gaddafi ku butegetsi, Saif al-Islam yafunzwe n’imitwe yitwaje intwaro mu mujyi wa Zintan imyaka hafi itandatu, ashinjwa kugira uruhare mu myigaragambyo yo mu 2011. Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rwifuzaga kumuburanisha ku byaha byibasiye inyokomuntu.

Mu 2015, yakatiwe igihano cy’urupfu adahari n’urukiko rwo muri Tripoli, ariko aza kurekurwa mu 2017 hashingiwe ku itegeko ry’imbabazi ryari ryatanzwe n’ubuyobozi bwo mu burasirazuba bw’igihugu.

Kuva ubutegetsi bwa Gaddafi bwahirikwa, Libya yakomeje kugabanywamo ibice bigenzurwa n’imitwe itandukanye, igihugu kikaba kigabanyijemo ubutegetsi bubiri buhanganye.

Nubwo Saif al-Islam yahoraga ahakana ko ashaka kuzasimbura se ku butegetsi, mu 2021 yatangaje ko aziyamamariza umwanya wa Perezida, amatora aza gusubikwa kugeza n’ubu.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *