FADM_boat_EUMAM-768x563

Mozambique: Ingabo za leta n’intagondwa zirigamba kwicana mu mirwano ikaze

Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri haba ibikorwa by’inyeshyamba bikurikiranye ku birwa byo ku nkombe z’akarere ka Mocímboa da Praia, inzego z’umutekano za Mozambique zateguye ibikorwa byo gusubiza mu cyumweru gishize, aho bivugwa ko nibura inyeshyamba eshatu zishwe mu mirwano yabaye ku itariki ya 30 Mutarama mu mazi ari hafi ya Mocímboa da Praia, ubwo abarwanyi bafitanye isano na Leta ya Kisilamu bivugwa ko bageragezaga gusubiza amato bari baherutse gufata ku kirwa cya Muissune. Izi ntagondwa na zo zirigamba kwica abasirikare barindwi ba leta muri Macomia.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, abashinzwe umutekano bivugwa ko ari bo mu ngabo zirwanira mu mazi za Mozambique, bacakiranye n’agatsiko k’izi ntagondwa, bituma habaho kurasana bikomeye cyane.

Amakuru avuga ko mu gihe cyo guhangana, inyeshyamba eshatu zishwe, mu gihe izindi zasigaye zasubiye inyuma.

Bumwe mu bwato bwakoreshejwe n’itsinda ry’inyeshyamba nabwo bwarasenywe nyuma yo kwangirika cyane muri moteri, bigatuma budakoreshwa.

Ibyabaye byemejwe n’amasoko atandukanye yegereye nyiri bumwe mu bwato bwafashwe nk’uko bitangazwa na The Mozambique Times dukesha iyi nkuru.

Hagati aho, itangazo ryasohowe n’umuryango uha amakuru y’umutekano imiryango itegamiye kuri Leta ikorera mu Ntara ya Cabo Delgado riburira abafatanyabikorwa ko amasasu akomeje kumvikana mu gace ka Quiterajo kuva ku itariki ya 29 Mutarama, ryerekana ko habaye imirwano hagati y’inyeshyamba n’ingabo ndetse n’abashinzwe umutekano, ndetse harimo no gukoresha kajugujugu.

Ubuyobozi bwa Quiterajo, ifatwa nk’imwe mu ndiri za nyuma z’inyeshyamba zisigaye muri Cabo Delgado, aho Ingabo za Mozambique n’Ingabo z’u Rwanda zikomeje kugerageza kwirukana abo barwanyi burundu. Aka gace kandi ni irembo ryinjira mu Karere ka Catupa, bikekwa ko ari na ko karimo ibirindiro bikuru by’inyeshyamba.

Intagondwa na zo zirigamba kwivugana abasirikare ba leta muri Macomia

Hagati aho ariko, biravugwa ko byibuze abasirikare barindwi ba Mozambique bishwe mu ijoro ryose kuva ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru nyuma y’ibitero by’inyeshyamba byibasiye ibirindiro bibiri bya gisirikare mu Karere ka Macomia, mu Ntara ya Cabo Delgado rwagati.

Abatuye mu Mujyi wa Macomia bavuze ko igitero bivugwa ko cyabereye mu gace ka Namabo, ahari ibirindiro bihoraho bya gisirikare bya Mozambike giherereye hafi y’agace ka V Congresso, muri Chai.

Inyeshyamba zashyize ahagaragara amashusho, ku itariki ya 4 Gashyantare, zerekana intwaro zambuye abasirikare ba leta muri Macomia zirimo 60 mm mortars, rokete, ibisasu bya mortar, imbunda za machineguns, imbunda zo kugaba ibitero, na za RPG.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *