20260207_075257

Rwarutabura yibye igikombe cya FERWABA Super Cup nyuma yo kutishyurwa

Igikombe cya FERWABA Super Cup 2026 cyegukanywe na Tigers BBC nyuma yo gutsinda APR BBC cyateje urujijo, nyuma y’amakuru yavuzwe ko cyatwawe n’abafana batishimiye uburyo bafashwe nyuma y’umukino.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026, nyuma y’umukino wabereye muri BK Arena, warangiye Tigers BBC itsinze APR BBC amanota 78-68.

Nyuma yo guhabwa igikombe, Tigers BBC yerekeje mu Kimihurura aho yari yateguye ibirori byo kwizihiza intsinzi yayo ya mbere muri uyu mwaka w’imikino. Abafana bari bashyigikiye Tigers BBC, benshi muri bo bakomoka ku muryango wa Rayon Sports, bari bemerewe 200,000 Frw nk’ishimwe ryo kuyifasha mu gufana kuko APR BBC yari ifite abafana benshi.

Aba bafana bakurikiye ikipe aho yagombaga kwiyakira, ariko bagezeyo bavuga ko batemerewe kwinjira, bakabwirwa gutegereza kugira ngo babanze bahabwe amafaranga bemerewe. Igihe cyarushijeho kugenda, ibintu biba mu masaha y’igicuku.

Mu masaha ya saa Munani z’ijoro, ibirori birangiye, umwe mu bafana yasabye guhabwa igikombe avuga ko ashaka kucyifotorezaho, ahita agifata yurira moto aragenda.

Umwe mu bafana yabwiye IGIHE ko uwacyitwaye yitwa Rwarutabura, asobanura ko byatewe n’uburakari bwo kutishyurwa nyuma yo gushyigikira ikipe kugeza ku musozo.

Ati: “Yagiye yurira moto, twagerageje kumukurikira biranga kubera ko amasaha yari akuze. Twatekerezaga ko ikibazo kizakurikiranwa bukeye. Igikombe yakijyanye kuko nta mafaranga twari twabonye.”

Ku ruhande rw’ubuyobozi bwa Tigers BBC, Perezida w’iyi kipe Shyaka Francis yavuze ko ayo makuru atari yo, avuga ko igikombe kigihari kandi ko ababivuga ari abafana bashaka guteza urujijo.

Gusa undi mufana yavuze ko ubuyobozi bwongeye kuvugana n’aba bafana bubasaba kugarura igikombe, bukemera kubishyura, ariko bakavuga ko batagikeneye ayo mafaranga gusa, ahubwo bashaka n’indishyi z’akababaro batewe n’uko bafashwe.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *