HAsbBDSXIAE_v5J

Tshisekedi yabonanye na bamwe mu Banyamulenge baba muri Amerika

Mu ruzinduko rw’akazi i Washington, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo ku Cyumweru yahuye n’intumwa z’urubyiruko rwa bamwe mu Banyamulenge baba muri iki gihugu.

Uru rubyiruko rwagaragaje ko rushyigikiye umuhate wa diplomasi n’imigambi y’umukuru w’igihugu yo kwimakaza amahoro arambye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Nk’uko bitangazwa na Perezidansi ya RDC, aba ngo bamaganye kandi ibyo bavuze ko ari “ubushotoranyi bw’u Rwanda, kwigarurira amasambu yabo mu buryo butemewe n’amategeko, no gukoresha ubwoko bwabo”.

Ku ruhande rwe, Perezida Tshisekedi yashimye imyifatire yabo ndetse abasaba guharanira ubumwe bw’igihugu, kubana mu mahoro, ndetse n’ejo hazaza ha RDC.

Ibi biravugwa mu gihe drones z’igisirikare cya Congo (FARDC) n’abafatanyabikorwa, ziriwe zisuka ibisasu i Minembwe, ahatuye Abanyamulenge, muri iyi weekend ishize.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *