Amakuru aturuka muri Kiliziya Gatolika na polisi aravuga ko Abantu bitwaje imbunda kuwa Gatandatu bateye inzu y’umupadiri mu majyaruguru ya Nigeria muri Leta ya Kaduna, bahitana abantu batatu ndetse banashimuta umupadiri gatolika hamwe n’abandi benshi nk’uko amakuru aturuka muri kiliziya na polisi avuga.
Diyosezi Gatolika ya Kafanchan yatangaje ko umupadiri washimuswe ari Nathaniel Asuwaye, umupadiri wa Paruwasi ya Kiliziya Gatolika y’Ubutatu Butagatifu i Karku. Diyosezi yavuze ko abandi baturage 10 nabo bashimuswe muri icyo gitero, cyatangiye ahagana mu ma saa cyenda n’iminota 20 za mu gitondo (0220 GMT).
Umuvugizi wa Polisi ya Kaduna yemeje ibyabaye ariko atanga amakuru atandukanye gato, aho avuga ko abantu batanu bashimuswe barimo na padiri, kandi ko abo bantu batatu bapfuye ari abasirikare babiri n’umupolisi. Bivugwa ko inzego z’umutekano zarasanye n’abateye, zica bamwe mu bagabye igitero nk’uko inkuru dukesha assahifa.com ivuga.
Iki gitero kibaye nyuma y’iminsi mike abashinzwe umutekano batabaye abantu 166 bashimuswe mu bitero bitandukanye ku nsengero muri Leta ya Kaduna. Ubugizi bwa nabi muri kariya karere bwatumye amahanga ahaguruka, ndetse Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yanenze Guverinoma ya Nigeria kuba yarananiwe kurinda Abakristu.


