Kuri uyu wa Kabiri ushize, abayobozi bavuze ko amasasu yarasiwe mu ishuri ryisumbuye mu Ntara ya British Columbia yo muri Canada yahitanye abantu umunani barimo ukekwaho icyaha.
Abayobozi bongeyeho ko abandi bantu babiri basanzwe bapfiriye mu rugo bakekwaho kuba baragize uruhare mu byabaye.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igipolisi cya Canada bagize ati: “Mu rwego rw’igisubizo cy’ibanze ku irasa, abapolisi binjiye mu ishuri kugira ngo bamenye ikibazo gihari. Mu gihe cyo gushakisha, abapolisi babonye abantu benshi barashwe. Umuntu umwe ukekwaho kuba yararashe na we basanze yapfuye afite ibikomere bigaragara ko ari we wabyiteye.”
Ibitangazamakuru byo muri Canada byavuze ko uwarashe ari umugore, ibyo bikaba bidasanzwe, kuko kurasa imbaga y’abantu muri Amerika ya Ruguru hafi ya byose bikorwa n’abagabo.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, polisi yanze gutanga ibisobanuro birambuye ku myirondoro y’ukekwaho icyaha cyangwa ubwoko bw’intwaro yakoreshejwe.


