20260223_095425

Mukura VS irashinja umusifuzi Uwikunda Samuel kwibira Rayon Sports

Ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs biciye mu mutoza wayo, Nshimiyimana Canisius, yatangaje ko yatsinzwe na Rayon Sports kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi Uwikunda Samuel.

Ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare 2026 ni bwo ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS ibitego 2-1 mu mukino wo ku munsi wa 21 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda.

Igitego cya Aziz Bassane cyo ku munota wa 1 n’icya Ramazani Tshimanga cyo ku wa 45+1 byari bihagije ngo Rayon Sports ibone amanota atatu, mu gihe Mukura yatsindiwe impozanarira na Joseph Sackey ku munota wa 77.

Nyuma y’umukino, umutoza Nshimiyimana Canisius yavuze ko batsinzwe kubera ko habayemo ukuboko k’umusifuzi.

Ati: ”Ni umukino utari woroshye, ni umukino twari twiteguye neza, ku mpande zose twari twiteguye, ariko iby’umupira ngira ngo ni ko bigenze nubwo ku ruhare rwanjye ntabyemera gutakaza amanota gutya 100% habayemo ukuboko k’umusifuzi ntabwo natinya kubivuga. Ntabwo njya nkunda kuvuga ku basifuzi ariko gutakaza aya manota harimo ukuboko gukomeye k’umusifuzi.”

Uyu mutoza yagaragaje ko muri uriya mukino hari ikosa ryakorewe rutahizamu Elie Tatou mu rubuga rw’amahina ariko umusifuzi Uwikunda Samuel akanga gutanga penaliti, hakaba kandi umupira Mutsinzi Patrick yahinduye mu rubuga rw’amahina maze Uwumukiza Obed akawukina n’intoki na bwo ntihatangwe penaliti.

Canisius kandi avuga ko ahandi Mukura VS yibwe ari aho Elie Tatou yateye koruneli Boateng Mensah agatsinda igitego cyagombaga gutuma Mukura VS yishyurwa, ariko umusufuzi akacyanga avuga ko habayemo amakosa kandi atari byo.

Kugeza ubu Mukura VS iri ku mwanya wa 8 ku rutonde rwa shampiyona n’amanota 31 mu gihe Rayon Sports yo iri ku mwanya wa 5 n’amanota 35.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *