c-ap24187182370182

Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje iyicwa rya Ayattollah Khamenei

Itangazamakuru rya Leta ya Irani ryemeje ko Umuyobozi w’Ikirenga Ali Khamenei yishwe, mu bitero bya Israel na Amerika byagabwe kuri Irani byatangiye ku wa Gatandatu mu gitondo.

Itangazo ryavuye mu Nama Nkuru y’Umutekano ya Irani, ryatangajwe n’ibitangazamakuru byinshi bya leta, ryemeza ko Ayatollah Khamenei yiciwe mu biro bye mu gitondo cya kare cyo ku wa Gatandatu.

Umunyamakuru umwe, arira cyane, yavuze ko igihugu gitangiye iminsi 40 y’icyunamo.

Abantu barenga 200 nibo bishwe muri ibi bitero, nk’uko bivugwa na Red Crescent (Umuryango utabara imbabare), mu gihe CBS News, igitangazamakuru cyo muri Amerika gikorana na BBC, cyatangaje ko abategetsi 40 bo muri Iran bishwe.

Mu gusubiza ibitero, Irani yagabye ibitero byinshi mu bihugu bimwe byo Burasirazuba bwo Hagati, cyane cyane ku bafatanyabikorwa ba Amerika kandi aho Amerika ifite ibirindiro bya gisirikare, birimo Dubai, Doha, Bahrain, na Kuwait

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *