Nyuma y’imyaka irenga 20 babana nk’umugabo n’umugore ndetse n’imyaka 15 bakoze ubukwe bwa gakondo, icyamamare mu njyana ya lumba muri Congo, Koffi Olomidé, n’umuhanzikazi Cyndi Le Cœur, basezeranye ku mugaragaro imbere y’amategeko ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kinshasa.
Uyu muhango wabereye mu murenge wa Gombe, uzwi nk’umutima w’ubuyobozi n’ubudipolomasi bw’umujyi wa Kinshasa. Ni ahantu hakunze kwakira ibirori n’imihango y’icyubahiro, bikaba byarongereye agaciro n’icyubahiro cy’uyu munsi w’amateka ku bashakanye.
Koffi Olomidé, umaze imyaka myinshi ari inkingi ya mwamba mu muziki wa Afurika, yongeye kugaragaza ko urukundo rwe na Cyndi Le Cœur rutari urw’igihe gito. Nyuma yo kumarana imyaka myinshi basangira ibyishimo, ibitaramo mpuzamahanga ndetse n’urumuri rw’itangazamakuru, bahisemo gushimangira isezerano ryabo imbere y’amategeko.
Cyndi Le Cœur, na we uzwi nk’umuhanzikazi wubatse izina mu muziki wa Congo, yagaragaje ko uru rugendo rwabo rwashingiye ku bwizerane, kwihangana no gushyigikirana mu bihe bitandukanye by’ubuzima n’umwuga.
Nyuma y’uyu muhango, Koffi yanyujije ubutumwa ku rubuga rwe rwa Facebook asaba abakunzi be gusangira na bo ibyishimo byabo no kubona mu munezero wabo.



