AP25362497163705

Guinea: Impungenge ku buzima bwa Doumbouya umaze ibyumweru 2 atagaragara

Muri Guinea, guverinoma iri kugerageza guhagarika ibihuha, aho ku mugoroba wo ku wa Mbere, itariki ya 2 Werurwe, Minisitiri w’Intebe Amadou Oury Bah yatangarije RFI ko Perezida Mamadi Doumbouya, umaze ibyumweru bibiri n’igice atagaragara mu gihugu, “ameze neza”, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya minisitiri w’intebe.

Perezida Doumbouya yavuye mu gihugu ku itariki ya 13 Gashyantare agiye kwitabira inama y’Umuryango wa Afurika yabereye i Addis Abeba, ariko ntabwo arasubira muri Guinea. Uku kubura igihe kirekire kwatumye abayobozi basohora itangazo mu gihe guverinoma ya mbere kuva amatora yatangira yamaze gushyirwaho.

Minisitiri w’Intebe, Amadou Oury Bah yerekanye ko Umukuru w’igihugu, bavuganye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ushize, kandi ameze neza. Ati: “Nshobora kubyemeza, kandi ndagira ngo mvuge ko twavuganye muri iki gitondo [ku wa Mbere, itariki ya 2 Werurwe]. Ameze neza. Ndetse nubwo ari kure, akurikirana amakuru y’igihugu. Azi ibintu byose by’ingenzi bigize ubuzima bw’igihugu. Kimwe n’umuntu uwo ari we wese, hari igihe umuntu ashobora kumva afite umunaniro. Murabizi igihe cy’inzibacyuho cy’imyaka ine…….rimwe na rimwe biba ngombwa gufata akaruhuko kugira ngo umuntu yongere afate umwuka, yiyubake, kandi agaruke akomeye. Ibyo ni byo Perezida Doumbouya arimo akora. ”

Kugira ngo Umukuru w’igihugu aruhuke mu mahoro, abayobozi banze gutangaza igihugu aherereyemo. Minisitiri w’Intebe Amadou Bah Oury yavuze ko Mamadi Doumbouya azasubira muri Guinea “Imana nibishaka, mu cyumweru kimwe.”

General Mamady Doumbouya ni perezida wa 5 wa Guinea uriho kuva ku itariki ya 17 Mutarama 2026, warahiriye kuyobora iki gihugu ku itariki ya 17 Mutarama 2026 nyuma yo gutsinda amatora ya perezida mu Kuboza 2025.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *