Abantu barenga 1,300 biganjemo abanya-Iran, ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze kugwa mu ntambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwo hagati.
Ni nyuma y’ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel biri kugaba kuri Iran kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Ni ibitero byatumye Iran irasa ku bihugu bitandukanye mu rwego rwo guhorera abarimo Umuyobozi w’Ikirenga wayo, Ayatollah Ali Khamenei bishwe.
Nyuma y’iminsi itanu iriya ntambara itangiye, imibare itangwa na Televiziyo ya Al Jazeera yerekana ko abantu barenga 1,300 ari bo bamaze kwicwa.
Ibitero Israel yagabye muri Iran no muri Lebanon ahabarizwa umutwe wa Hezbollah na wo uri muri iriya ntambara, ni byo byiciwemo abantu benshi.
Iran yonyine imaze gutakariza abantu 1,230 muri iriya ntambara, barimo abayobozi n’abasirikare bakomeye barenga 50. Abanya-Iran kandi babarirwa mu magana bamaze gukomerekera muri iriya ntambara, nk’uko imibare ibyerekana.
Lebanon ku ruhande imaze gutakaza ababarirwa muri 77, mu gihe abagera kuri 527 bamaze gukomereka.
Ku ruhande rwa Israel abantu 11 ni bo bimaze kumenyekana ko baguye mu bitero bya missile na drone Iran imaze iminsi itanu igaba ku butaka bwa kiriya gihugu, mu gihe abakomeretse babarirwa mu magana.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo zimaze kwemeza ko abasirikare batandatu bazo ari bo bamaze kugwa muri iriya ntambara, na ho 18 bakaba barakomeretse.
Abamaze kugwa muri iriya ntambara kandi barimo abanya-Iraq babiri, abanya-Kuwait bane, umunya-Oman umwe, umunya-Bahrain umwe n’abanya-Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu batatu.


