Kuri iki Cyumweru, iturika rihambaye ryumvikanye hafi ya Ambasade ya Amerika muri Oslo ryangiza ibintu bicye ariko nta muntu wakomeretse, nk’uko abapolisi bo mu murwa mukuru wa Norvege babitangaje.
Ishami rya Polisi rya Oslo ryatangaje ko urusaku rwinshi rwumvikanye hafi ya ambasade iherereye mu burengerazuba bwa Oslo, ahagana mu ma saa saba (0000 UTC).
Ibitangazamakuru byaho byasubiyemo ababyiboneye bavuga ko babonye umwotsi mwinshi uzamuka muri ako gace.
Abapolisi bavuze iki?
Umuvugizi wa polisi, Michael Dellemyr, yatangarije radiyo y’igihugu, NRK ko iturika ryabereye hafi y’irembo rya ambasade.
Dellemyr agira ati: “Ahagana mu masaha ya saa saba za mu gitondo twakiriye amakuru menshi y’iturika. Twahageze nyuma gato twemeza ko habaye iturika ryibasiye Ambasade ya Amerika.”
Yongeyeho ati: “Hariho ibyangiritse byoroheje.”
Polisi yavuze ko hakomeje gushakishwa ababikoze, ariko ntiyatanga andi makuru ku buryo byagenze n’icyateye iturika. Dellemyr yavuze ko nta bikoresho biturika byigeze biboneka muri ako gace.


