Uganda: Ishyaka NRM ryemeje Museveni nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ishyaka National Resistance Movement (NRM) riri ku butegetsi mu gihugu cya Uganda, ryemeje Perezida Yoweri Kaguta Museveni, nk’umuyobozi waryo ku rwego rw’igihugu ndetse n’umukandida ugomba kurihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2021.

Museveni yemejwe ku mugaragaro kuri uyu wa kabiri n’umuyobozi wa Komisiyo ishinzwe amatora mu ishyaka NRM, Tanga Odoi.

Iyimikwa rya Perezida Museveni kandi ryahawe umugisha na Gaddafi Nassur, umuyobozi w’urubyiruko rwibumbiye mu ishyaka NRM.

Perezida Museveni nyuma yo kwemezwa nk’umukandida uzahagararira ishyaka rye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko ikimuraje ishinga kurusha ibindi ari ubuzima bw’abantu, ngo kuko ari bwo buza imbere ya byose.

Abinyujije kuri Twitter ye yagize ati: “Ntangazwa n’ukuntu abantu bamwe bavanga ibibazo. Abantu bamwe bagiye bavuga ubucuruzi, amafaranga n’akazi, mu gihe ikibazo cyugarije Isi yose ari ubuzima. Turashaka kurokora ubuzima. Iki ni ikibazo gikomeye.”

Yoweri Kaguta Museveni ni Perezida wa Uganda kuva mu 1986 ubwo yahirikaga ubutegetsi bwa Milton Obote, mu gihe yaramuka atowe muri manda ya gatandatu aziyamamariza akaba yazayisoza amaze imyaka 40 ku butegetsi bwa Uganda.

Cyakora cyo Museveni mu matora ataha afite akazi katoroshye, kuko asabwa guhigika abamurwanya bazahatana na we mu matora, ku isonga ryabo hakaba hari Robert Ssentamu Kyagulanyi bita Bobi Wine wamaze gutangaza ko aziyamamaza.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *