sud-kivu-vive-tension-a-sange-678x381.jpg

Uvira: Umusirikare yasinze yica abaturage 12, akomeretsa 9

Mu gace kitwa Sange muri Teritwari ya Uvira iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo kuri uyu wa 30 Nyakanga 2020, umusirikare w’igihugu yasinze arasa abaturage 12 barapfa, abandi 9 barakomereka.

Aya makuru, umuyobozi w’agace ka Sange, Makula Rukalisha yayahamirije 7 sur 7, ati : “Bamwe bishwe n’ibikomere. Abemejwe bapfuye ni 12. Hari abandi 9 bakomeretse.”

Abishwe barimo abagabo barindwi n’abagore batanu. Bakimara kwicwa, abaturage baryamishije imirambo yabo ku muhanda, n’agahinda kenshi.

Uyu musirikare n’ubu utaraboneka ngo atabwe muri yombi, yari yasinze cyane ku buryo uwo bahuraga mu muhanda yanyuragamo wese yamurasaga.

Mu gitondo cy’uyu wa 31 Nyakanga 2020, abaturage ba Sange babyukiye mu myigaragambyo mu mihanda y’iwabo bitewe n’imfu z’aba bagenzi babo. Interview.cd yatangaje ko abapolisi bagerageje kuyihagarika ariko birananirana.

sud-kivu-vive-tension-a-sange-678x381.jpg Abaturage bazindukiye mu myigaragambyo

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *