img-20200810-wa0006.jpg

Miss Vivine avuga ko hari abamugendaho

Nyuma y’ifatwa ry’abantu 9 bari bamusuye, Vivine Uwizeye uzwi nka Miss Vivine aratabaza inzego bireba avuga ko ibiri kumubaho byose bifite abantu bamugendaho babyihishe inyuma kandi ko biri kumugiraho ingaruka zikomeye we n’umuryango we.

Ifatwa ry’aba bantu 9 ryabaye mu ijoro ryo kuwa 9 Kanama 2020, mu mudugudu wa Ihuriro, mu kagari ka Gatenga, mu murenge wa Gatenga ho mu karere ka Kicukiro ari n’aho Miss Vivine atuye. Aba bantu 9 bafashwe bagahita bajyanwa muri IPRC Kigali, ntibarimo Miss Vivine kuko we yagaragaje ibyangombwa by’uko afite uburwayi bw’umugongo.

Miss Vivine avuga ko ari akarengane akomeje gukorerwa kuko mbere yo kwakira abashyitsi bari bamusuye mu rwego avuga ko rwari urwo kumuremera nk’umuntu wagizweho ingaruka na covid-19, yari yabanje kwandikira ubuyobozi bw’umudugudu atuyemo ndetse bisuzumwa na DASSO yo ku murenge barabimwemerera. Yagize ati” Aka ni akarengane. Ibyo nakoze nari nabanje kubisabira uruhushya kandi twubahirije ingamba zose zo gukumira covid-19 nk’uko ziteganyijwe”.

Miss Vivine akomeza avuga ko ibimubaho byose ari akagambane akorerwa n’umukozi mu murenge wa Gatenga witwa J.M.V, banabana mu gipangu kimwe. Yagize ati”J.M.V ni we ubiri inyuma. Baje kudufata bazanye nawe ndetse aranambwira ngo kwambara ipingu no kugarama kuri sima yo muri kasho ni byo byambera”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gatenga, Mugisha Emmanuel, yemereye Bwiza.com ifatwa ry’aba bantu 9 ndetse anemeza ko ku mpamvu z’uburwayi Uwizeye we atafashwe. Yagize ati”Ni byo abo bantu 9 bafatiwe kwa Uwizeye banywa inzoga. Bajyanywe muri IPRC Kigali ariko Uwizeye we ntibamujyanye kuko ararwaye”.

Miss Vivine ari mu banyarwanda bake bamenyekanye ko banduye covid-19 kuko amazina ye yatangajwe no mu bitangazamakuru,ikintu avuga ko cyamugizeho ingaruka ndetse kikamuhungabanya we n’umuryango kubera akato yashyizwemo n’abo yasanze mu muryango nyarwanda nyuma yo gukira covid-19.
img-20200810-wa0006.jpg
Ibaruwa Miss Vivine yari yandikiye ubuyobozi bw’umudugudu wa Ihuriro
img-20200810-wa0026_1597059199740.jpg

img-20200810-wa0021.jpg
Vivine avuga ko imodoka ye yo mu bwoko bwa Range Rover V8 yangijwe n’Inkeragutabara zihagarikiwe na JMV

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *