Uganda: Abasirikare 2 ba SFC barashinjwa kwica umuturage kubera amafaranga

Abasirikare babiri bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu muri Uganda uzwi nka Special Force Command-SFC, Private Apiku Jackson na Olobo Sadiq, bivugwa ko bahawe akazi ko kwica umuturage wo muri Luweero batawe muri yombi.

Bivugwa ko bahawe akazi na Richard Ssebina uzwi ku izina rya Sekitoleko, ko kwica murumuna we Musa Katinda Bisaso w’imyaka 45, utuye mu Mudugudu wa Tweyanze mu Ntara ya Katikamu mu Karere ka Luweero. Bisaaso yarashwe mu ijoro ryo ku ya 28 Kanama arapfa, nyuma yo gushukwa ngo asohoke iwe n’abamuhamagaye batamenyekanye.

Susan Namatovu, umupfakazi wa nyakwigendera, yabwiye itangazamakuru ko bahamagaye nyakwigendera bamusaba kuva mu nzu kugira ngo baganire. Ariko Bisaso akimara gusohoka, bagahita bamurasa bakamwica. Namatovu yakekaga ko iki gitero gifitanye isano n’amakimbirane mu muryango uri gupfa hegitari 2,5 z’ubutaka nyakwigendera yanze kugurisha.

Nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Independent, ngo abakoze ubwicanyi bakurikiranwe kuri terefone imwe yakoreshejwe mu guhamagara nyakwigendera bituma bafatwa. Ssebina Sekitooleko na we yatawe muri yombi.

Kuri uyu wa Gatandatu, abo basirikare bajyanywe kuri sitasiyo ya polisi ya Luweero kugira ngo bakoreshwe inyandikomvugo ku birego by’ubwicanyi. Nyuma bajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makindye nk’uko bivugwa na Abraham Tukundane, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Luweero.

Umuvugizi wa SFC, Maj. Jimmy Omara, yabwiye itangazamakuru ko iperereza ku birego by’ubwicanyi nirirangira, abakekwaho icyaha bazashyikirizwa Urukiko Rukuru rwa Gisirikare kugira ngo basubize ibyo baregwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *