Abagore basatswe mu myanya y’ibanga bagiye guhabwa ubutabera

Qatar yatangaje ko yatangije iperereza ryimbitse ku karengane gaherutse gukorerwa abagore ku kibuga cy’indege cyo mu murwa mukuru Doha, bagasakwa mu myanya y’ibanga bakekwaho guta umwana.

Inkuru ya BBC ivuga ko abagore bari bakatishije amatiki mu ngendo 10 z’indege ku kibuga cya Hamad Interantional Airport, basatswe bambaye ubusa hagamije gutahurwa niba umwe muri bo yaba ari we utaye uruhinja rwari rumaze gusangwa mu bwiherero.

Leta ya Australia iri mu bahise bamagana iki gikorwa cyane ko harimo n’abaturage bayo bagera kuri 15 nabo basatswe muri ubwo buryo.

Guverinoma ya Qatar yihutiye gusaba imbabazi, itangaza ko urwo ruhinja rwatoraguwe ku kibuga rurimo kwitabwaho kandi rumeze neza.

Leta ya Qatar yavuze ko uwo mwana yasanzwe mu mufuka wa pulasitiki, biba ngombwa ko abagore bari ku kibuga cy’indege bose basakwa. Ubuyobozi bwa Qatar bukomeza buvuga ko bugiye gukora iperereza ku bakoze iki gikorwa igereranya n’ukuvogera uburenganzira bw’umuntu ku giti cye.

Leta ya Qatar yijeje abagenzi bari muri iyi ndege ubutabera, kuko ngo ababigizemo uruhare bazatangarizwa abo bagenzi ndetse bahanwe imbere y’amategeko.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *