Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaburiye abaturage bazo zibasaba kwirinda kwerekeza mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo zivuga ko kuri uyu munsi wa Noheli hashobora kugabwa igitero gikaze cy’iterabwoba.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kinshasa mu itangazo yashyize ku rubuga rwayo, ivuga ko aya makuru yakuye ahantu hizewe, avuga ko kuri iyi tariki ya 25 Ukuboza 2020, hashobora kuba ibitero byibasira insengero n’ahandi hantu abatari abayisilamu bateranira mu Mujyi wa Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Itangazo rikomeza rigira riti “Dukomeje kuburira abanyamahanga b’Abanyamerika kudakora ingendo muri Kivu y’Amajyaruguru,”
Umutwe w’iterabwoba wa Islamic State wigeze kwigamba ibitero byagabwe n’abantu byaketswe ko ari abo mu mutwe wa ADF kuri ubu byifatanyije nk’uko iyi nkuru dukesha VOA Afrique ikomeza ivuga.
Mu Ukwakira, abantu bitwaje intwaro bo muri uyu mutwe bagabye igitero kuri Gereza ya Kangbayi muri Beni, babohoza imfungwa zisaga 1300. Icyo gihe kandi ADF yagabye ibitero ku birindiro bitandukanye bya FARDC.


