Umuhungu wa Museveni yasibye ubutumwa bwose bwibasiraga Bobi Wine

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba yasibye ubutumwa bwose yari yanditse mu minsi ibiri yibasira umukandida w’ishyaka rya NUP (National Unity Platform), Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine.

Mu butumwa bwa mbere yashyize kuri uru rubuga tariki ya 30 Ukuboza 2020, Gen. Muhoozi yagize ati: “Nihagire umbwirira uyu murumuna wanjye ko tugiye kumutsinda bikomeye mu matora.”

Kuri uyu wa 31 Ukuboza 2020, Gen. Muhoozi yongeye kwandika ubundi butumwa yibaza ku myenda itukura Bobi Wine amaze igihe yambara yagiye mu bikorwa byo kwiyamamaza, aho yagize ati: “Oh nshuti! Ka Bobi kanjye! Ni kuki yambaye umutuku kuva ku mutwe kugera ku mano? Aragerageza kwigira umusirikare nta mwitozo n’umwe yahawe. Hagire umbwirira uyu murumuna wanjye ko tuzamutsinda nabi mu matora.”

Bobi Wine na we yifashishije uru rubuga, yasubije Gen. Kainerugaba ko ari igitutsi kuba na we yambaye impuzankano y’igisirikare cya Uganda, aho ahamya ko atari akwiye kuyambara. Ati: “Igitutsi nyacyo ku gihugu cyacu ni ukuba wambaye impuzankano y’igisirikare cyacu! Ni igisebo gikomeye ku bagabo n’abagore bambara impuzankano (abasirikare) bakora cyane kugira ngo igihugu cyacu gitekane. Abanyabyaha uha intwaro kugira ngo bice ndetse banatoteze abaturage ntibazagukiza wowe na so, ubwo abaturage bazaba bahagurutse bakirwanaho.”

Ku nshuro ya gatatu, uyu musirikare yongeye kwibasira uyu mukandida mu butumwa yanditse asubiza umunyamakuru Andrew Mwenda, wavugaga ku izina ‘Musinguzi’ cyangwa ‘Mutsinzi’ Abanyankole bise Bobi Wine. Gen. Muhoozi yagize ati: “Ngo Musinguzi? Yigeze agera ku ki se? Iki ni igitutsi kitari ku Banyankore gusa, ahubwo no ku moko yose atuye mu Burengerazuba bwa Uganda.”

Bobi Wine yasubije n’ubu butumwa ati: “Ikindi, ntabwo Abanyankole bampaye izina Musinguzi, bampaye umukobwa wabo, umugore wanjye, ibyo bisobanuye ko ndi umuhungu wabo. Ntabwo buzuye urwango n’ivangura nkawe. Wihagararira nabi ba databukwe na baramu banjye.”

Ubu butumwa bwose Gen. Kainerugaba yanditse avuga kuri Bobi Wine, yabusibye gusa hari abari bamaze gufata amafoto (screenshots) yabwo. Nyuma yahoo, uyu mukandida yagize ati: “Tweets za Muhoozi Kainerugaba, umuhungu w’Umunyagitugu Museveni! M7 yamuhaye impano y’ipeti rya Lt. General! Ndakeka yazisibye nyuma yo kubyuka avuye mu isindwe! Nabonaga Abagande benshi bamukwena & bamuseka, ariko bikwiye kuduhangayikisha kuko iri ni itsinda rifite imbunda rishinzwe umutekano wacu.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *